Uruhurirane rw'Ibikorwa byiza rurasiga Umuryango w'Abaskuti mu Rwanda wiyongereyemo imbaraga
Impera z'umwaka zisanze Umuryango w'Abaskuti mu Rwanda, mu bikorwa by'indashyikirwa. Mu mpera z’Ukwezi kwa 11 ndetse n’intangiriro z’ukwezi kwa 12, Umuryango w’abaskuti mu Rwanda uri mu bikorwa bitandukanye, byose bigamije guteza imbere ubuskuti mu Rwanda ndetse no mu Karere k’Iburasirazuba bwa Afurika, byose bigamije kongera imbaraga mu burere twese duha abana n’urubyiruko. Ibyo bikorwa ni amahugurwa ya Badge de Bois/Woodbadge, Ingando ku rwego rw'Igihugu ndetse n'Inama y'Abahagarariye Ihuriro ryUrubyiruko rw'Abaskuti. Amahugurwa ya Badge de Bois/Wood Badge Mu rwego rwo kugira abayobozi b’abaskuti bafite ubumenyi kandi buhuriweho, Uwashinze Umuryango w’Abaskuti ku isi Baden Powell yashyizeho amahugurwa ya Wood Badge. Akorwa n’umuntu ukuze wese ufite inshingano zo kuyobora abaskuti agashimangira ubumwe bw'abaskuti ku isi. Ni muri urwo rwego kuva ku itariki ya 25/11/2019 mu Karere ka Musanze, ku Kigo cy’Amahugurwa y’Abaskut...